Mama Lyrics by CYUSA N'INKERA


Maama wambyaye
Maama nkesha imico myiza
Ukora ngo nishime, ngo nezerwe
Ushakashaka hose ngo mbeho neza
Mama wambyaye

Nakugereranya nande,nakunganya nkande
Wowe wemeye kuba babiri uri umwe
Undata hose ngo bamenye uri igitego mu
Babyeyi uri imena mu bishongore
Uri indatwa itaratwa n’uwo yakoreye gusa
Kuko imbabazi zawe zigaragara hose aho
Ugeze hose mama wambyaye

Mama wambyaye
Mama nkesha imico myiza ukora ngo nishime
Ngo nezerwe ushaka shaka hose ngo mbeho neza
Mama wambyaye

Maman warandeze umpa urukundo rwiza udutoza gukundana
Uko turi babiri ntanumwe uvanguye!!
Nkwijeje ikintu kimwe ko ntazakwibagirwa aho
Naba ndi hose kuko wambereye byose nta nahatoya usize
Niyo mpamvu ngira nti
Uri ikirenga wee
Cyambu cy’imana disi
Rugero rw’aheza maman
Njye nzakurwanira ishyaka
Mu bazakurwanya shenge
Giti nashibutseho
Ntacyo uzaba mpari

Mama wambyaye
Maama nkesha imico myiza
Ukora ngo nishime ngo nezerwe
Ushaka shaka hose ngo mbeho neza
Mama wambyaye

Watch Video

About Mama

Album : Mama (Single)
Release Year : 2021
Added By : Farida
Published : Mar 08 , 2021

More CYUSA N'INKERA Lyrics

CYUSA N'INKERA
CYUSA N'INKERA
CYUSA N'INKERA
CYUSA N'INKERA

Comments ( 0 )

No Comment yet



About AfrikaLyrics

Afrika Lyrics is the most diverse collection of African song lyrics and translations. Afrika Lyrics provides music lyrics from over 30 African countries and lyrics translations from over 10 African Languages into English and French

Follow Afrika Lyrics

© 2024, We Tell Africa Group Sarl