RIDERMAN Umuhanda W'amacupa Amenetse cover image

Paroles de Umuhanda W'amacupa Amenetse

Paroles de Umuhanda W'amacupa Amenetse Par RIDERMAN


Ndagenda n'ibirenge mu muhanda w'amacupa amenetse
Ndava amaraso ndanabira ibyuya mu gahanga kanjye
Nubwo bimeze bityo sina stopa  aho ngana ntahageze
Gusenga kwanjye gusaba Uwiteka ngo aho ngana ahangeze

Uwo isi ihanze amaso isura ye irasusuruka
Naho uwo ihase isusa isoni zimusaga isura
Kudadira kw'idigi ntibifuma itadagadwa
Inzara iyikoma inzara igahinduka injajwa
Amaso arakonje benshi barira barafu
Agahinda gahishwa mu ma paragarafu
Nubwo utabona bata amarira mu uruhame
Atemba ajya mu nda ngo ibirimo birohame
Ama rideaux aridutse ukadabagiza amaso
Videwo wateraho Coup d'oeil yaba ari So
Mu ndiba y'inda benshi bahishamo agahinda
Nubwo bakubwiye ukuri kwabo wabipinga
Bahitamo kwiherera uw'umwe bigatinda
Amagambo abakomeza bakayaririmba
Ndi uwo iduniya idama igasiga akidanangiye
Nzemera ko ntsinzwe umunsi umwuka uzaba urangiye

Ndagenda n'ibirenge mu muhanda w'amacupa amenetse
Ndava amaraso ndanabira ibyuya mu gahanga kanjye
Nubwo bimeze bityo sina stopa  aho ngana ntahageze
Gusenga kwanjye gusaba Uwiteka ngo aho ngana ahangeze

Umwijima w'ubwonko utera ubwambure mu mufuka
Ururabo rwera k'urutare sindarabukwa
Dusiganwa n'isi ntawe nzi wayisize
Nta n'uzi ibyayo muri bose nabajije
Ngo ibyayo ni amabanga, ibyayo ni ifaranga
Bityo menya ibyanjye nirinda kwitaranga
Isi irikaraga yenda nanjye izangeraho
Impe ku imbaraga nishimire kubaho
Ninsangiza nzasamura ntasamara
Ndabizi ko kumeza yayo ntamuntu uba kamara
Ama rideaux aridutse ukadabagiza amaso
Videwo wateraho coup d'oeil yaba ari So
Mu ndiba y'inda abenshi bahishamo agahinda
Nubwo bakubwiye ukuri kwabo wabipinga
Bahitamo kwiherera uw'umwe bigatinda
Amagambo abakomeza bakayaririmba

Ndagenda n'ibirenge mu muhanda w'amacupa amenetse
Ndava amaraso ndanabira ibyuya mu gahanga kanjye
Nubwo bimeze bityo sina stopa  aho ngana ntahageze
Gusenga kwanjye gusaba Uwiteka ngo aho ngana ahangeze
Ndagenda n'ibirenge mu muhanda w'amacupa amenetse
Ndava amaraso ndanabira ibyuya mu gahanga kanjye
Nubwo bimeze bityo sina stopa  aho ngana ntahageze
Gusenga kwanjye gusaba Uwiteka ngo aho ngana ahangeze

Ecouter

A Propos de "Umuhanda W'amacupa Amenetse"

Album : Umuhanda W'amacupa Amenetse (Single)
Année de Sortie : 2021
Ajouté par : Farida
Published : May 17 , 2021

Plus de Lyrics de RIDERMAN

RIDERMAN
RIDERMAN
RIDERMAN
RIDERMAN

Commentaires ( 0 )

Aucun commentaire pour l'instant



A propos de AfrikaLyrics

Afrika Lyrics est la plus large collection de paroles de chansons et de traductions d’Afrique. Afrika Lyrics fournit les paroles des musiques de plus de 30 pays africains et des traductions de lyrics de plus de 10 langues africaines en français et en anglais.

Suivre Afrika Lyrics

© 2024, We Tell Africa Group Sarl