ANNETTE MURAVA Niho Nkiri cover image

Paroles de Niho Nkiri

Paroles de Niho Nkiri Par ANNETTE MURAVA


Ndacyategereje, umugisha wawe
Mana aho wansize n'ubu niho nkiri
Ndacyategereje, umugisha wawe
Mana aho wansize n'ubu niho nkiri

Ndangamije isezerano ryawe, mpagaze aho wansize
Abo twazanye barasubijwe
Mbese uracyanyibuka mbese uracyanyibuka
Inkovu z'ibipfukamiro byanjye, zindya amanywa n'ijoro
Mbese isengesho ryanjye ryari rigufi, mbwira naryo ndyongere
Ndinda gushidikanya, nziko utajya uhinduka
Wituma ndira abandi baseka, ibuka isezerano
Inkwenene zabaye uruhuri, abanzi barishimye
Nanjye ndi mubo wasize inyuma, garuka unsindagize

Nyigisha gusesengura, ibisubizo
N'aho umuti waba ushariraMana nkwumire
Mpa imbaraga ntegereze, ubushake bwawe
Kugeza igihe uzanjyana mu gitaramo cy'abagushima

Ubigenza ute, ushingira kuki usubiza
Mbese ijwi ryanjye ryaba rikugeraho
Narinzi ko isoko y'imigisha nta n'umwe uyihezwaho
Mbese n'iki Mwami ntakora ngo ureke nanjye mvomeho
Abo tugusangiye nk'umubyeyi bapfukamye bashima
Njyewe ho nan' ubu ngisaba, sinzi igihe uzanyumva
Abo twahingiye rimwe Mana, bose barasaruye
Ngushiriza imvura nanjye neze
Mpagaze aho wansize

Nyigisha gusesengura, ibisubizo
N'aho umuti waba ushariraMana nkwumire
Mpa imbaraga ntegereze, ubushake bwawe
Kugeza igihe uzanjyana mu gitaramo cy'abagushima
Nyigisha gusesengura, ibisubizo
N'aho umuti waba ushariraMana nkwumire
Mpa imbaraga ntegereze, ubushake bwawe
Kugeza igihe uzanjyana mu gitaramo cy'abagushima

Ndacyategereje, umugisha wawe
Mana aho wansize n'ubu niho nkiri
Nyigisha gusesengura, ibisubizo
N'aho umuti waba ushariraMana nkwumire
Mpa imbaraga ntegereze, ubushake bwawe
Kugeza igihe uzanjyana mu gitaramo cy'abagushima

Ecouter

A Propos de "Niho Nkiri"

Album : Niho Nkiri (Single)
Année de Sortie : 2021
Ajouté par : Farida
Published : Dec 01 , 2021

Plus de Lyrics de ANNETTE MURAVA

ANNETTE MURAVA

Commentaires ( 0 )

Aucun commentaire pour l'instant



A propos de AfrikaLyrics

Afrika Lyrics est la plus large collection de paroles de chansons et de traductions d’Afrique. Afrika Lyrics fournit les paroles des musiques de plus de 30 pays africains et des traductions de lyrics de plus de 10 langues africaines en français et en anglais.

Suivre Afrika Lyrics

© 2024, We Tell Africa Group Sarl