YVANNY MPANO Ndabigukundira  cover image

Ndabigukundira Lyrics

Ndabigukundira Lyrics by YVANNY MPANO


Hummm
Yvanny Mpano
Pastor P, respect man

Hari umuntu muhura
Akakurutira abandi
Akaguha umwanya
Akagutega amatwi
Yaguha urukundo
Bikaguha umutuzo
Yamara kugenda ugasigara ubabaye

Hari umuntu muhuza
Bikaba nk’ubufindo
Byaba amahire mukibanira
Hari uwo mubana
Akakubera imfura
Wajya gusaza akagusubiza i busore

Uko nguko niko waje mu buzima bwanjye
Imyifatire n’imico urabihindura
Wahaye agaciro amaranga mutima yanjye
Ntibibarika ibyo nkukundira

Wansogongeje urukundomaze nshira inyota
Ibyo Ndabigukundira
Wameneye ibanga wari warahishe abandi
Ibyo Ndabigukundira
Ngiy’impeta ihamy’urukundo
Ibyo Ndabigukundira
Wameneye ibanga abandi batazi
Ibyo Ndabigukundira

Ntiduhuza imigambi
Gusa duhuza uko imitima itera
Uwanjye mu wawe tera nikirize
Ntiduhuza amabanga
Gusa nubwo dufitanye menshi
Usobobanye amahirwe
Mu buzima bw’umuntu

Umunsi umwe naricaye yehyeh
Mfata icyemezo niya gushaka urubavu nabuze
Nuko nkusaba Kunyuzuza
urabyemera non ubu nduzuye
Uuuhhh

Uko nguko niko waje mu buzima bwanjye
Imyifatire n’imico urabihindura
Wahaye agaciro amaranga mutima yanjye
Ntibibarika ibyo nkukundira

Wansogongeje urukundomaze nshira inyota
Ibyo Ndabigukundira
Wameneye ibanga wari warahishe abandi
Ibyo Ndabigukundira
Ngiy’impeta ihamy’urukundo
Ibyo Ndabigukundira
Wameneye ibanga abandi batazi
Ibyo Ndabigukundira

 

Watch Video

About Ndabigukundira

Album : Ndabigukundira (Single)
Release Year : 2019
Added By : Afrika Lyrics
Published : Jul 21 , 2019

More YVANNY MPANO Lyrics

YVANNY MPANO
YVANNY MPANO
YVANNY MPANO
YVANNY MPANO

Comments ( 0 )

No Comment yet



About AfrikaLyrics

Afrika Lyrics is the most diverse collection of African song lyrics and translations. Afrika Lyrics provides music lyrics from over 30 African countries and lyrics translations from over 10 African Languages into English and French

Follow Afrika Lyrics

© 2024, We Tell Africa Group Sarl