MANI MARTIN Byose bizashira  cover image

Byose bizashira Lyrics

Byose bizashira Lyrics by MANI MARTIN


Sangira  n'abandi ibyo ufite
Ntibiguhemuze bizashira
Niba ubona ibikubabaza Ntuhangayike
Kuko hari igihe bizashira
Sangira n'abandi ibyo ifite
Ntibiguhemuze buzashira
Niba ubona ibikubabaza ntuhangayike
Kuko hari igihe bizashira

Mu isi duhora duranira ko Twatunga byinshi
Tukavunika twifuza gushyira mumifuka yacu
Bikaza tukagwiza, tukabihunika tukibagirwa uwaduhaye
Tukibagirwa ko tuza tubisanga tukagenda tubisize

Nyamara ibyo byose ntibikwiriye kuduhemuza
Nyamara ibyo byose ntibikwiriye kuduhemuza
uo uo uo uo ,  kuko bizashira
Byoose …


Byose bizashira
Bizashira hasigare urukundo n'amahoro
Byose bizashira…
Ubwo buranga buturangaza ntibuguhemuze kuko buzashira
Byose bizashira…
Ubwo Butunzi n'ubumenyi duhangayikira tubyitwaremo Neza bizashira
Byose bizashira

Byose bizashira, Byose bizashira

Iby'ubuzima bwacu hari ubwo biyoberana
Hari abicwa n'inzara
Abandi bandi babimena
Hari abicwa n'agahinda abandi bishimye
Wabona ko ntacyo utunze ukumva ko ijoro ridacya
Watunga byinshi ukagira ngo niyo paradizo
Nyamara ubukire n'ubukene byose bizashira
Nyamara ubukire n'ubukene
Byose bizashira oh oh oh

Sangira n'abandi ibyo ifite
Ntibiguhemuze bizashira
Niba ubona ibikubabaza ntuhangayike
Kuko hari igihe bizashira

Sangira n'abandi ibyo ufite
Ntibiguhemuze bizashira
Niba ubona ibikubabaza ntuhangayike
Kuko hari igihe bizashira

Bikeya cyangwa byinshi ufite
Ubisangire n'abandi ubisangire n'abandi
tuza mu isi ntacyo dufite
Tukanagenda uko twaje

Bikeya cyangwa byinshi ufite
Ubisangire n'abandi
Tuza mu isi ntacyo dufite
Tukanagenda uko twaje

Byose bizashira
(Ubwamamare n’ubuhangare bidutera guhangara muntu)
Byose bizashira  (byoooose iki cyubahiro duhanganira tukamarana dugambanirana)
Oooh Byose bizashira , Byose bizashira
Impanuka n’abarwayi bidutwara abacu tukababara
Byose Bizashira
Byose Bizashira, oh Jah, Oh oh

 Bikeya cyangwa byinshi ufite
Ubisangire n'abandi tuza mu isi ntacyo dufite (Urumve nawe)  
Tukanagenda uko twaje
Bikeya cyangwa byinshi ufite ubisangire n'abandi tuza mu isi ntacyo dufite tukanagenda uko twaje

 

Watch Video

About Byose bizashira

Album : Byose Bizashira (Single)
Release Year : 2020
Added By : Afrika Lyrics
Published : May 14 , 2020

More MANI MARTIN Lyrics

MANI MARTIN
MANI MARTIN
MANI MARTIN
MANI MARTIN

Comments ( 0 )

No Comment yet



About AfrikaLyrics

Afrika Lyrics is the most diverse collection of African song lyrics and translations. Afrika Lyrics provides music lyrics from over 30 African countries and lyrics translations from over 10 African Languages into English and French

Follow Afrika Lyrics

© 2024, We Tell Africa Group Sarl