ANNETTE MURAVA Niho Nkiri cover image

Niho Nkiri Lyrics

Niho Nkiri Lyrics by ANNETTE MURAVA


Ndacyategereje, umugisha wawe
Mana aho wansize n'ubu niho nkiri
Ndacyategereje, umugisha wawe
Mana aho wansize n'ubu niho nkiri

Ndangamije isezerano ryawe, mpagaze aho wansize
Abo twazanye barasubijwe
Mbese uracyanyibuka mbese uracyanyibuka
Inkovu z'ibipfukamiro byanjye, zindya amanywa n'ijoro
Mbese isengesho ryanjye ryari rigufi, mbwira naryo ndyongere
Ndinda gushidikanya, nziko utajya uhinduka
Wituma ndira abandi baseka, ibuka isezerano
Inkwenene zabaye uruhuri, abanzi barishimye
Nanjye ndi mubo wasize inyuma, garuka unsindagize

Nyigisha gusesengura, ibisubizo
N'aho umuti waba ushariraMana nkwumire
Mpa imbaraga ntegereze, ubushake bwawe
Kugeza igihe uzanjyana mu gitaramo cy'abagushima

Ubigenza ute, ushingira kuki usubiza
Mbese ijwi ryanjye ryaba rikugeraho
Narinzi ko isoko y'imigisha nta n'umwe uyihezwaho
Mbese n'iki Mwami ntakora ngo ureke nanjye mvomeho
Abo tugusangiye nk'umubyeyi bapfukamye bashima
Njyewe ho nan' ubu ngisaba, sinzi igihe uzanyumva
Abo twahingiye rimwe Mana, bose barasaruye
Ngushiriza imvura nanjye neze
Mpagaze aho wansize

Nyigisha gusesengura, ibisubizo
N'aho umuti waba ushariraMana nkwumire
Mpa imbaraga ntegereze, ubushake bwawe
Kugeza igihe uzanjyana mu gitaramo cy'abagushima
Nyigisha gusesengura, ibisubizo
N'aho umuti waba ushariraMana nkwumire
Mpa imbaraga ntegereze, ubushake bwawe
Kugeza igihe uzanjyana mu gitaramo cy'abagushima

Ndacyategereje, umugisha wawe
Mana aho wansize n'ubu niho nkiri
Nyigisha gusesengura, ibisubizo
N'aho umuti waba ushariraMana nkwumire
Mpa imbaraga ntegereze, ubushake bwawe
Kugeza igihe uzanjyana mu gitaramo cy'abagushima

Watch Video

About Niho Nkiri

Album : Niho Nkiri (Single)
Release Year : 2021
Added By : Farida
Published : Dec 01 , 2021

More ANNETTE MURAVA Lyrics

ANNETTE MURAVA

Comments ( 0 )

No Comment yet



About AfrikaLyrics

Afrika Lyrics is the most diverse collection of African song lyrics and translations. Afrika Lyrics provides music lyrics from over 30 African countries and lyrics translations from over 10 African Languages into English and French

Follow Afrika Lyrics

© 2024, We Tell Africa Group Sarl